Thursday, May 15, 2025
Thursday, May 15, 2025
spot_img
HomePolitikeNtabwo ari uko barushwa imbaraga gusa: Ikosa rikomeye u Burundi bwakoze ryabaye...

Ntabwo ari uko barushwa imbaraga gusa: Ikosa rikomeye u Burundi bwakoze ryabaye intandaro yo kwicwa kw’abasirikare babwo batagira ingano muri RDC.

Kuva mu ntangiriro za 2024, uruhare rwa gisirikare rw’u Burundi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwahindutse inkuru y’akababaro gakomeye.  

Nyuma yo kohereza indi batayo nshya irimo abasirikare barenga 600, basimbura iyari imaze gutsindwa bikabije — aho abasaga 300 bishwe naho abarenga 100 bakomereka bikomeye — ibikorwa bya gisirikare by’u Burundi bikomeje kubyara imirambo no kwiheba ku basirikare b’abarundi. 

Aho kugarura ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ingabo z’u Burundi zasanze zifatiwe mu kibuga cy’intambara kitagira imbabazi.  

Ku wa 12 Mata 2025, abasirikare b’Abarundi bagera kuri 20 barimo barwana ku ruhande rw’ingabo za guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi bishwe mu mirwano ikaze barwana na AFC/M23 mu karere ka Fizi, Intara ya Kivu y’Epfo. 

Ibibera ku rugamba byerekana ishusho y’akababaro: abasirikare b’Abarundi batsindirwa ku rugamba, kandi bagacungwa n’abarwanyi ba AFC/M23 bafite ubushobozi n’ubwenge burenze kure ubw’ingabo bashyamiranye.  

AFC/M23, ihuriyemo na Twirwaneho — umutwe w’abarwanyi barengera abaturage b’Abanyamulenge bo mu bice bya Rugezi na Kabanju — ni igisirikare cyamenyereye neza aho barwanira, kandi cyubakiye ku bufasha bukomeye bw’abaturage. 

Ikindi kibabaje, ariko kitavugwa kenshi, ni ibikoresho bya gisirikare byahawe abasirikare b’Abarundi. 

Raporo zitandukanye zigaragaza ko Abasirikare b’u Burundi boherejwe mu ntambara bajyanye imbunda z’ibihe bya kera, byaguzwe mu myaka ya 1980 ubwo Perezida Jean-Baptiste Bagaza ubwo yari arimo kwitegura intambara ishobora kuvuka hagati y’u Burundi na Zayire ya Mobutu, bapfa amakimbirane ku mupaka mu Kibaya cya Rusizi.  

Muri iki gihe intambara iba igezweho kandi ikoresha ikoranabuhanga rihanitse, kohereza ingabo ku rugamba bafite ibikoresho bishaje ni nko kubohereza mu rupfu ruteguye. 

Kurundi ruhande, ibibera muri Congo ni akarima karimo ubushyamirane bw’amoko, amasezerano y’ubwiru hagati y’imitwe y’inyeshyamba, n’amayeri ya politiki ya gisirikare.  

Abasirikare b’Abarundi si intambara isanzwe barimo barwana; binjiye mu murima w’amakimbirane akomeye aho abaturage bamwe baba bashyigikiye AFC/M23. Ibi bituma ibirindiro byabo bihora mu kaga. 

Mu by’ukuri, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahindutse imva itagira impuhwe ku ngabo z’u Burundi, atari uko barushwa imbaraga gusa, ahubwo kubera amakosa akomeye mu igenamigambi, mu mateka, no mu mitegurire.  

Nk’uko ibintu bihagaze, igihe u Burundi buzakomeza kohereza ingabo zitwaje ibikoresho byashaje, zitagira amakuru ahagije ku birimo kubera imbere, kandi zishingiye ku bufatanye budakomera, umubare w’abapfa uzakomeza kwiyongera — bigatuma uruhare rw’u Burundi muri iyi ntambara isa n’aho itazagira iherezo, gusa bigaragara nk’urugendo ruganisha ku mwuzurirane w’amaraso. 

Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe