Sunday, April 20, 2025
Sunday, April 20, 2025
spot_img
HomeOther NewsUmukinnyi w'icyamamare Ronaldo Luis Nazario de Lima yabatijwe muri Kiliziya Gatolika

Umukinnyi w’icyamamare Ronaldo Luis Nazario de Lima yabatijwe muri Kiliziya Gatolika

Wari umunsi udasanzwe kuri uyu mukinnyi w’icyamamare, ubu usigaye ari umuyobozi w’ikipe ya Real Valladolid, ubwo yabatizwaga kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nzeri 2023,muri Kiliziya ya São José dos Campos muri Sao Paulo.

Ronaldo ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ibyishimo bye nyuma yo guhabwa Amasakaramentu y’ibanze

Yagize ati “Uyu munsi ni umunsi udasanzwe. Nabatijwe. Ukwemera kwa gikristu kugize igice kinini cy’amateka yanjye kuva ndi umwana n’ubwo kugera ubu nari ntarabatizwa.Kuba nahawe amasakaramenru ndumva rwose navutse bundi bushya.”

Nyuma yo kubatizwa Ronaldo yagaragaje amafoto yerekana uko iki gikorwa cyagenze. Yashimiye kandi abamubaye hafi kugira ngo abashe kugera kuri iyi ntera harimo umubyeyi we wa Batisimu na Padiri Fabio de Melo wamubatije.

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights