Monday, April 21, 2025
Monday, April 21, 2025
spot_img
HomeOther NewsMusanze : Abanyerondo bakubise umuntu kugeza ubwo apfuye

Musanze : Abanyerondo bakubise umuntu kugeza ubwo apfuye

Abanyerondo bafashe umusore bakekaga ko ari umujura baramukubita ubundi bamunyuza mu muhanda hagati imodoka iramugonga ahita apfa.

Ni impanuka yabereye kumuhanda Kigali -Musanze Rubavu , akagari ka gisesero , umurenge wa Busogo  mu karere ka Musanze aho bita ku ijana 1 ,Mbarimo mbazi Roland w’imyaka 21 y’amavuko wakekwaga ko yibye , nkuko abaturage babonye iyo mpanuka babidutangarije .

uyu Mbarimo mbazi Roland akaba yakekwagaho ibikorwa by’ubujura n’urugomo , abashinzwe irondo bamwambitse amapingo maze bagenda bamukubita harimo n’ushinzwe umutekano mu umudugudu wa gahanga witwa Ntirenganya , bose bashorera nyakwigendera bamujyanye kubiro by’umurenge wa Busogo bagenda bamukubita bikomeye maze nyakwigendera agira isereri agwa mu muhanda akubitana n’imodoka ihita imugonga .

Twashatse kumenya amakuru niba abashinzwe irondo bafite m’ uburenganzira bwabo kwambika umuntu amapingo cyangwa banemerewe kuyatunga gusa umuyobozi w’umurenge twamubuze kuri telefone ngo abidusobanurire.

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights