Sunday, April 20, 2025
Sunday, April 20, 2025
spot_img
HomeOther NewsU Bufaransa bwanze ko Ambasaderi ava mu gihugu nubwo yirukanwe

U Bufaransa bwanze ko Ambasaderi ava mu gihugu nubwo yirukanwe

Kuwa Gatanu ku itariki 25 Kanama 2023, nibwo Agatsiko ka Gisirikare kayoboye Niger nyuma yo guhirika ku butegetsi Perezida Mohamed Bazoum, kahaye Ambasaderi w’u Bufaransa, Sylvain Itte, amasaha 48 ngo abe yavuye mu gihugu nta yandi mananiza.

Kuva icyo gihe na nubu Abadipolomate b’u Bufaransa baracyari mu gihugu kandi iminsi ibiri yahawe yararangiye.

Mu nama ngari yabaye mu murwa mukuru Paris igahuza Perezida w’u Bufaransa n’Ambasaderi batandukanye, Perezida Macron yavuze ko Abadipolomate babo bakomeje guhura n’ibibazo bitandukanye mu mezi ashize harimo abari muri Sudan none ubu abari mu bibazo ni abo muri Niger.

Gusa Perezida Macron avuga ko atewe ishema nabo kuko bakomeza inshingano zabo mu bihe by’ibibazo.

Ambasaderi w’u Bufaransa muri Niger Sylvain Itte yanze guhura n’abasirikare batembagaje ubutegetsi bwa Perezida Mohamed Bazoum bituma abasirikare bamurakarira bamuha amasaha 48 ngo abe yavuye mu gihugu, abaturage ba Niger nabo bakomeje imyigaragambyo imbere ya Ambasade y’u Bufaransa i Niamey.

 

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights