Friday, June 6, 2025
Friday, June 6, 2025
spot_img
HomeIbyamamareZari Hassan yatunguye abafana be kubera ibyo yakoreye mukeba we Tanasha Donna

Zari Hassan yatunguye abafana be kubera ibyo yakoreye mukeba we Tanasha Donna

Umuherwekazi w’umugande, Zari Hassan yatumiye mu kirori cye cya «All White Party», Tanasha Donna basangiye umugabo Diamond Platnumz ariko bose bakaba baratandukanye na we.

Iki kirori kizaba tariki ya 16 Ukuboza 2023 aho bizabera i Kampala muri Uganda aho bazahuriramo na Fantana wo muri Ghana.

Zari Hassan akaba yaratunguranye agaragaza ko mukeba we Tanasha Donna na we wakundanye na Diamond muri 2018-2020, hari nyuma y’uko Zari we babyaranye abana babiri batandukanye mu mpera za 2018.

Nyuma y’iki kirori cyo muri Uganda, Zari azahita yerekeza mu Mujyi wa Kigali ku wa 29 Ukuboza 2023.

Tukwibutse ko Zari Hassan ari umugore uri mu bafite imbaga y’abamukunda ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’ikimero cye, akaba umwe mu bakundanye n’Umuhanzi Diamond igihe kinini.

Zari Hassan ari mubagore bakunzwe cyane ku mbugankoranyambaga bitewe n’ikimero cye
Zari yari aherutse gutangaza ko yatumiye Fantana mu gitaramo gitegerejwe i Kampala
Zari yatumiye Tanasha Donna wahoze ari mukeba we mu gitaramo cya ‘All White Party’
Nyuma yo gutaramira i Kampala, Zari azahita akomereza i Kigali aho afite igitaramo ku wa 29 Ukuboza 2023
Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe