Friday, June 6, 2025
Friday, June 6, 2025
spot_img
HomePolitikeUwasabiye Igifungo Perezida Kagame Akanarahirira Komeka u Rwanda kuri RDC Yitabye Ubushinjacyaha...

Uwasabiye Igifungo Perezida Kagame Akanarahirira Komeka u Rwanda kuri RDC Yitabye Ubushinjacyaha Yitwaje Abavoka 20

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, uherutse kuvuga ko naramuka atsinze amatora azatera u Rwanda akarugira intara ya 27 ya RDC ndetse akanategeka itabwa muri yombi rya Perezida Paul Kagame, yitabye ubushinjacyaha kuri uyu wa Kabiri, aherekejwe n’abavoka 20. 

Ni mu gihe akurikiranweho kunyereza miliyoni 39 z’Amadolari ya Amerika yari agenewe umushinga wo kubaka gereza nshya ya Kisangani. 

Uyu mushinjacyaha wiyita intwari y’ubutabera n’umurwanyi wa ruswa, yigeze gusaba ko umuntu wese uzafatwa yanyereje umutungo wa Leta azajya akatirwa igihano cy’urupfu.  

Nyamara ubu ari kwitaba ubutabera, ashinjwa gutegeka kwishyura miliyoni 19$ mbere y’uko isoko ryo kubaka gereza ryemezwa, bikaba bivugwa ko ari bwo buryo ayo mafaranga yakomeje gusohoka mu buryo budasobanutse. 

Ibiro bye n’inshuti ze ntibazuyaje kugaragaza inkunga yabo, kuko amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana amagana y’abantu bamuherekeje, baririmba indirimbo zamushimagizaga, bavuga ko “ari umwere”. 

Nubwo yigeze kuvuga ko atazigera yitaba ubushinjacyaha kubera ko Umushinjacyaha Mukuru Firmin Mvonde na we akekwaho ibyaha, Mutamba yemeye kwitaba ubwo Inteko Ishinga Amategeko yemezaga ko ashobora gukurikiranwa, bigizwemo uruhare na Komisiyo yihariye yashyizweho kuri iyi dosiye. 

Ubwo yari asoje kwisobanura ku wa 26 Gicurasi, Mutamba yavuze amagambo akakaye yuzuyemo ibirego ku mushinjacyaha Mvonde, amwita “umumafiya wo ku ruhande rwa Kabila” ndetse yemeza ko azamubaruzaho umutungo, anasaba ko hakorwa iperereza ku nzu bivugwa ko Mvonde atunze mu Bubiligi ifite agaciro k’ibihumbi 900 by’amayero. 

Ati: “Sintinya gufungwa. Nditeguye! Imana y’abakurambere banjye iruta iyanyu”. 

Mutamba, uherutse kugaragara mu mvugo zishotorana avuga ko u Rwanda rugomba kuba igice cya RDC, yagiye anasohora ibitekerezo bitarigeze bishyigikirwa n’impuguke cyangwa n’inzego mpuzamahanga. 

Mu Kwakira 2023, yari yatangaje ku mugaragaro ko naramuka atsinze amatora “azatangiza intambara ku Rwanda”, ibintu benshi bafashe nk’ugushakira amanota ya politiki mu ndirimbo y’urwango. 

Ibi bivugwa mu gihe muri Congo hakomeje kurushaho kwigaragaza amakimbirane akomeye mu nzego z’ubutabera, aho bamwe mu bayobozi bagiye bakoresha imbaraga za leta mu makimbirane yihariye.  

Mu mwaka ushize, Mutamba ubwe yahagaritse by’agateganyo Umushinjacyaha Mukuru Mvonde nyuma y’aho inzego z’ubushinjacyaha zateye urugo rw’abadipolomate b’Abafaransa, bitera impagarara zidasanzwe. 

Kuri ubu, ikibazo cy’ingutu kirimo kwibazwa na benshi ni: Ese Minisitiri wasabiye Kagame gufungwa, akanarahira ku kurwanya u Rwanda, azasoza umwaka ataragezwa imbere y’ubutabera? 

Nibigaragara ko ahamwa n’ibi byaha, Mutamba ashobora kuba umwe mu bayobozi ba mbere ba guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi bakurikiranyweho ruswa ku rwego rwo hejuru, ibintu bishobora kurangiza urugendo rwe rwa politiki mbere y’uko atangira urugamba rwo kwiyamamariza umwanya wa Perezida. 

Minisitiri Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha yitwaje abavoka 20
Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe