Monday, April 21, 2025
Monday, April 21, 2025
spot_img
HomeOther NewsUmwana w’imyaka ibiri yahiriye mu mpanuka y’inkongi y’umuriro yabereye mu mujyi

Umwana w’imyaka ibiri yahiriye mu mpanuka y’inkongi y’umuriro yabereye mu mujyi

Umwana w’imyaka ibiri yapfiriye mu mpanuka y’inkongi y’umuriro yabereye mu mujyi wa Nairobi. Uyu mwana yarari imuhira wenyine ubwo iyi nkongi y’umuriro yabaga, ibi byabaye kuya 01 ugushyingo mu ijoro nkuko poilisi yabitangaje.

Uyu mwana w’umuhungu yahise ajyanywa kwa muganga kugrango ahite yitabwaho, abaganga bakoze ibyo bashoboye byose ariko birangira abacitse. Icyaba cyateye iyi inkongi y’umuriro ntikiramenyekana kuko inzu imwe gusa niyo yahiye.

Umubyeyi w’uyu mwana ntago yarari murugo ubwo iyi mpanuka yabaga, yari yagiye gucuruza imyenda kugirango babashe kubaho.

Kuwa gatatu, nubundi habaye Indi impanuka mu gace kitwa Kariobangi ubwo umwana w’umuhungu w’imyaka itanu yahanukaga mu igorofa ya 15agwa abanje umutwe imuhira naho ni mumujyi wa nayirobi, ahita ajyanwa kwa muganga ku bitaro byitwa Mama Margaret Kenyatta Hospital nabwo ababyeyi be ntibari bari imuhira, uyu mwana nawe yahise ahasiga ubuzima.

Polisi yiki gihugu yasabye abayeyi kwita kubana babo ndetse birashoboka bakajya babajyana aho bari, cyangwa bagashaka abantu babitaho muri bino bihe by’ibiruhuko kuko abana bakunda gukubagana ibyo byabarinda guhura n’akaga ndetse no kurinda ubuzima bwabana babo.

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights