Tuesday, October 22, 2024
spot_img

Umusirikare yarashe mugenzi we urufaya rw’amasasu ku manywa y’ihangu bapfuye Telefoni igendanwa, nawe ahasiga ubuzima

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 21 Gicurasi 2024, i Bunia, umurwa mukuru wa Ituri, umusirikare wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yishe mugenzi we mbere yo kwiyahura. 

Aya mahano yabereye mu mujyi rwagati aho bakunze kwita ONC (National Coffee Office) muri zone y’ibikorwa bya FARDC, mu gace ka Ngezi muri komini ya Mbunya. 

Nk’uko byatangajwe na komiseri mukuru, Abeli Mwangu Gérard, umuyobozi wa polisi mu mujyi wa Bunia, umusirikare w’ipeti rya oldat deuxième classe, Kalema, wakoze ubwo bwicanyi, yarashe yegereye nyakwigendera kubera ikibazo cya telephone yari yabuze. 

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ati “Uwarashe ni Kalema wo mu mutwe wa PM (Polisi ya Gisirikare). Aho akorera habuze telefoni ya premier sergent-major Stéphane usanzwe ari pasiteri unagemurira uyu mutwe.”  

“Umuyobozi wa sitasiyo kugira ngo abone igisubizo, yafashe terefone ya 2ᵉ classe Kalema, ukekwaho kuba umujura maze ayishyikiriza premier sergent-major Stéphane …. Nk’igisubizo, 2ᵉ classe Kalema, yarakaye, ahita arasa yegereye kuri premier sergent-major Stéphane wapfiriye aho. “ 

Abandi basirikare babiri “bakomerekejwe” bikomeye na 2ᵉ classe Kalema nawe wiyahuye nkuko tubikesha 7sur7.cd. 

Komiseri mukuru Abeli Mwangu Gérard yakomeje agira ati “Nyuma y’amasasu yumvikanye muri ako gace, Kapiteni Nonga yaje kubaza uko ibintu byifashe. Ageze aho, nawe yakiriye isasu mu nda, ahita yimurirwa mu bitaro bikuru bya Bunia.”  

“Kaporali Mobutu wari uri aho, wakomerekeye mu ntambara, na we yararashwe ajyanwa mu bitaro kugira ngo abone ubuvuzi bukwiye, 2ᵉ classe Kalema yiyahuye nyuma yo kuraswa isasu mu kirenge cy’iburyo nyuma yo gutabara k’umutwe wa PM watabajwe ngo ugarure umutekano. ” 

Urusaku rw’imbunda ngo rwatumye habaho ihungabana “igice” ry’ibikorwa by’ubukungu mu isoko rikuru rya Bunia. Icyakora, Polisi irizeza ko yafashe ingamba zose zo kugarura umutekano kandi ibintu bikaba bituje muri iki gihe. 

RELATED ARTICLES

Andi Makuru

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_img

Most Popular

Recent Comments