Wednesday, June 4, 2025
Wednesday, June 4, 2025
spot_img
HomePolitikePerezida Trump wa amerika yabajijwe uruhare rw’amabuye y’agaciro mu biganiro by’amahoro hagati...

Perezida Trump wa amerika yabajijwe uruhare rw’amabuye y’agaciro mu biganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC

Abadepite batanu bo mu ishyaka ry’Abademokarate muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bandikiye Massad Boulos, Umujyanama wa Perezida Donald Trump ushinzwe iby’Afurika, basaba ibisobanuro birambuye ku masezerano ajyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ayo masezerano akurikiye ibiganiro bigamije amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda. 

Ibaruwa yabo yagarutse ku itangazo ryasohowe ku wa 25 Mata n’impande zombi, Kinshasa na Kigali, ryatangajwe ku bufatanye na Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iryo tangazo ryavugaga ku nzira yo kuganira kugira ngo imirwano ihagarare, no gushaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa Congo. 

Abadepite bagaragaje impungenge ko ubuyobozi bwa Trump butigeze busobanura mu buryo bweruye amategeko cyangwa amabwiriza ashyigikira ibyo biganiro, by’umwihariko niba Amerika ifite inyota yo kwinjira mu masezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro akomeye muri RDC.  

Basabye ko hasobanurwa neza amategeko n’amabwiriza abigenga ndetse n’uburyo bizashyirwa mu bikorwa mu mucyo. 

Nk’uko ikinyamakuru Africa Confidential kibivuga, abadepite bashinja ubuyobozi bwa Trump gucunga ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Congo nk’aho ari amahirwe y’ubucuruzi aho kuba igikorwa cya dipolomasi.  

Bagaragaza ko inyungu nyamukuru ari ugufasha ibigo by’Abanyamerika kugera ku mabuye y’agaciro no gushora imari aho kwita ku nkunga z’ubutabazi n’inkunga y’ubuvuzi mu baturage bo muri Kivu. 

Muri iyo baruwa, aba badepite banasaba ko ibikorwa by’ubutabazi bya Amerika byasubukurwa, ndetse hakongerwa inkunga ku rwego rw’ubuzima mu turere twibasiwe n’amakimbirane muri RDC. 

Banagarutse ku bibazo byavuzwe no muri Sudani y’Epfo, aho bamwe mu baturage bashakaga kujya muri Amerika ariko ntibahabwe visa. Ibyo byakurikiye amagambo ya Marco Rubio, Umunyamabanga wa Leta, washinje Leta ya Juba kugerageza “gufatirana” Amerika.  

Abadepite bagize impungenge ko na ho hashobora kuba hari amasezerano y’ubucuruzi yemerera ibigo by’Abanyamerika kugera kuri peteroli n’amabuye y’agaciro, kandi Massad Boulos ashobora kuba ari muri ba nyirabayazana b’iyo gahunda. 

Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe