Monday, May 5, 2025
Monday, May 5, 2025
spot_img
HomePolitikeCorneille Nangaa yavuze ko AFC/M23 izakomeza kurwana kugeza Tshisekedi avuye ku butegetsi

Corneille Nangaa yavuze ko AFC/M23 izakomeza kurwana kugeza Tshisekedi avuye ku butegetsi

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Telegraph cyo mu Bwongereza, Corneille Nangaa, uyobora ihuriro AFC/M23, yatangaje ko ibikorwa byabo byo kurwana bizakomeza nubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda byari biherutse gusinya amasezerano y’amahame y’ubufatanye i Washington.

Yagize ati: “Icyifuzo cy’abaturage b’Abanyekongo kigomba kubahwa. Impamvu batifuza kumva ijambo ‘guhagarika intambara’ si uko bashaka urugomo, ahubwo ni uko badashaka Félix Tshisekedi ku butegetsi.”

Nangaa yakomeje avuga ko ubutegetsi bwa Tshisekedi butinya amagambo amwe, burimo nk’”imishyikirano”, ndetse n’ibijyanye no kuva cyangwa kwimuka mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu. Yagize ati: “Iyo uvuzemo amagambo nk’ayo, ubutegetsi burarakara.”

Muri icyo kiganiro, Nangaa, wari wambaye ikoti risimbura umwambaro wa gisirikare, yagereranyije Perezida Tshisekedi na Yona wo muri Bibiliya. Yavuze ko nka Yona yateje umuhengeri, Tshisekedi na we ari nyirabayazana w’intambara.

Ati:“Umunsi Tshisekedi azavanwa ku butegetsi, ni bwo amahoro azashoboka. Ni we Yona wa DRC. Tuzamukuraho, intambara ihagarare.” Ibi Nangaa yabivuze mu gihe AFC/M23 iherutse guhura n’intumwa za Guverinoma ya DRC mu biganiro bya mbere byabereye muri Qatar, bikaba byarashimwe na benshi nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

 

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe