Friday, April 18, 2025
Friday, April 18, 2025
spot_img
HomeAndi makuruAfurika y’Epfo:  Ese ICC iremera ubusabe bwo guta muri yombi Benjamin Netanyahu

Afurika y’Epfo:  Ese ICC iremera ubusabe bwo guta muri yombi Benjamin Netanyahu

Ku wa mbere, minisitiri w’ubutegetsi bwa Afurika yepfo yahamagariye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) gutanga icyemezo cyo guta muri yombi Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu bitarenze Ukuboza.

Afurika y’Epfo yamaze kwibutsa ambasaderi wayo n’abakozi ba dipolomasi baturutse muri Isiraheli, kandi guverinoma yagiye isobanura inshuro nyinshi ibikorwa bya Isiraheli muri Gaza ko ari itsembabwoko.”

Ku wa mbere, mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Afurika yepfo muri perezidansi, Khumbudzo Ntshavheni, yavuze ko guverinoma iteganya ko ICC izatanga icyemezo cyo guta muri yombi Netanyahu, kandi ko kutabikora byerekana ko imiyoborere idahwitse.

Ni mu gihe Israel ivuga ko irimo kwirwanaho nyuma y’igitero cya Hamas cyo kuwa 7 Ukwakira uyu mwaka, cyiciwemo abantu 1,200 naho abandi barenga 200 barashimutwa.

Si Afurika y’Epfo yatanze icyo kifuzo gusa kuko Bangladesh, Bolivia, ibirwa bya Comores (Comoros) na Djibouti, nabo batanze ubusabe muri ICC bwuko ikora iperereza niba hari ibyaha byo mu ntambara n’ibyaha byibasira inyokomuntu byakozwe muri Gaza.

 

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights