Wednesday, July 2, 2025
Wednesday, July 2, 2025
spot_img
HomeAndi makuruUmukobwa usengera muri ADEPR yabyaye umwana ku munsi yari mu muhango wo...

Umukobwa usengera muri ADEPR yabyaye umwana ku munsi yari mu muhango wo gusabwa no gukobwa

Tariki ya 29 Gicurasi 2025, mu Mudugudu wa Karugera, Akagari ka Mugera, Umurenge wa Shangi, habaye inkuru itari isanzwe: umugeni yabyaye umwana ku munsi yari agiye gusabwa no gukobwa, nyuma y’uko itorero ADEPR ryari ryanze kumushyingira kuko byari bimaze kumenyekana ko atwite. 

Ibi byabaye mu gihe ibirori byo gusaba no gukwa byari biteganyijwe kuri uwo munsi, ariko umugeni yaje gufatwa n’ibise mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mugera aho yibarukiye. 

Nubwo umugeni atabashije kwitabira ibirori, byakomeje uko byari biteganyijwe. Umuturage wo muri aka gace wavuganye n’itangazamakuru yagize ati: “Amakuru ni ukuri, umugeni yabyaye ku munsi wo kumusaba. Ntabwo byadutunguye kuko twari tuzi ko atwite, icyadutangaje ni uko umunsi wo kubyara wahuriranye n’umunsi wo kumusaba.” 

Bivugwa ko uyu muryango wari warasezeranye imbere y’amategeko ariko udatuye hamwe, bitewe n’uko bari bategereje gusezerana imbere y’Imana. Bari barateganyije gusezeranira mu Itorero rya ADEPR, ariko nyuma y’uko hatangajwe amakuru y’uko umugeni atwite, iryo torero ryahise ribahakanira gushyingirwa. 

Nsanzimana Jean Pierre, Umukozi ushinzwe Imari n’Ubutegetsi mu Murenge wa Shangi, yavuze ko ubuyobozi bwakurikiranye ibyabaye kandi ko gahunda y’ubukwe ikomeje.  

Yagize ati: “Nyuma yo kumenya ko yabyaye, gahunda yo gusaba no gukwa yarakomeje nubwo umugeni yari akiri kwa muganga. Gusezerana imbere y’Imana birakomeza ku wa Gatanu.” 

Nyuma yo kwangirwa na ADEPR, aba bombi basabye gusezeranirwa mu Itorero ry’Abangilikani (EAR) ryabakiriye nk’abagarukiramana, ribemerera gukomeza urugendo rwabo rw’isezerano. 

Biteganyijwe ko umuhango wo gusezerana imbere y’Imana uzaba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025, mu Itorero EAR. 

Uyu mukobwa wibarutse kuri uyu munsi udasanzwe, akomeje kwitabwaho n’abaganga, mu gihe umugabo we n’imiryango yabo bari gukomeza imyiteguro yo gusezerana imbere y’Imana. 

Iyi nkuru yaciye ibintu mu Karere ka Nyamasheke no ku mbuga nkoranyambaga, ikagaragaza uko imyumvire ya bamwe mu madini ishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu, ariko na none ikanerekana uko andi madini yagiye agira uruhare mu kunga no kubabarira. 

Ni inkuru y’amarangamutima menshi, ariko kandi inatanga icyizere ko urukundo n’ubumuntu bishobora gutsinda imyumvire igendera ku mategeko akakaye. 

Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe