Tuesday, October 22, 2024
spot_img

I Kigali mu mujyi habaye impanuka idasanzwe

Kuri uyu wa mbere tariki ya 09 Nzeri 2024 mu mujyi ahazwi nka Downtown habereye impanuka idasanzwe, aho imodoka yitwaye ikiyubika mu muhanda.

Ubwo byari mu masaha ya Saa Sita z’amanywa nibwo iyi modoka y’ijipe yavuye aho yari iparitse muri parikingi iparikwamo imodoka ntoya, irenga umukingo yiyubika mu muhanda hejuru ya rigori itwara amazi.

Iyi modoka yari ifite ibirango bya RAG 606A, nta muntu numwe yigize ihitana cyangwa ngo imukomeretse dore ko nta muntu wari uyirimo cyangwa ayiri hafi.

Nyiri iyi modoka utashatse ko amazina ye ashyirwa mu itangazamakuru yavuze ko nawe ubwe atazi uko byagenze ngo imodoka ye irenge umukingo, kuko yari ari mu kazi yumva baramuhamagaye ngo imodoka ye ikoze impanuka.

Yagize ati “Nanjye sinzi uko byagenze, kuko imodoka nayiparitse ari nzima mu gitondo, kandi nari nashyizemo feri y’ikiganza (hand break).

Impanuka yabaye ahagana mu ma saa sita n’igice kuri uyu wa Mbere tariki 09/09.2024.

RELATED ARTICLES

Andi Makuru

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_img

Most Popular

Recent Comments