Tuesday, October 22, 2024
spot_img

Bruce Melodie yasubije Yago umushinja gukoresha imbaraga z’Abapfumu

Mu kiganiro Yago Pondat aherutse gukorera ku ishene ye ya YouTube, yagarutse ku bintu bitandukanye bamwe mu byamamare bya hano mu Rwanda byagiye bikora, mu byo yagarutse yanashinjije umuhanzi Bruce Melodie kuba ibyo agezeho byose abicyesha imbaraga z’Abapfumu.

Uretse kumushinja kuba ajya mu bapfumu kandi Yago avuga ko yababajwe cyane no kuba yarahaye inka Bruce Melodie, gusa akayanga kubera ko atazi agaciro k’inka ndetse ko iwabo badasanzwe boroye, ubundi agahitamo ko amuha amafaranga.

Mu kiganiro kigufi Bruce Melodie yagiranye na Max TV ikorera ku muyoboro wa YouTube, yavuze ko ibyo uriya musore avuga atabizi we atanabyitayeho ndetse ko nubwo yaba akoresha abapfumu bikamuhira byaba ari amahire kuko afite abo ashimisha.

Yagize ati “Ibyo yavuze ntabwo mbizi kuko narimuze cyane ntabwo nabyumvise gusa abantu bagira byinshi batekereza banavuga ariko  niyo byaba byarabayeho ntacyo byaba bitwaye, nekereza ko hari benshi mfasha kwishima”.

Ibyo kuba Yago yarahaye inka Bruce Melodie akayanga, byo Bruce Melodie ntiyabihakanye ahubwo yavuze ko we akunda amafaranga cyane ko ntakiyasimbura bose babizi, ndetse avuga ko ntamuntu udakosa.

Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bababajwe cyane n’aya magambo Yago yavuze kuri Bruce Melodie, bavuga ko ibyo Melodie yagezeho byavuye mu gukora cyane kwe kuko bamuzi agitangira.

Ni mu gihe kandi uyu Muhanzi akaba n’Umunyamakuru Yago Pondat kuri ubu ari kubarizwa mu gihugu cya Uganda aho avuga ko yahunze agatsiko k’abashakaga kunugirira nabi.

RELATED ARTICLES

Andi Makuru

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_img

Most Popular

Recent Comments