Mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa 15 Kanama 2024, Imodoka yarimo abakunzi ba APR FC berekeza muri Tanzania, yakoze impanuka ubwo bari bageze i Nyagasambu.
Batanu muri bo bakomeretse, bajyanywe kwa muganga i Kanombe.
Amakuru Avuga ko iyi mpanuka yatewe n’imodoka nini itwara imizigo yabanyuzeho ikabagongonga bityo ibirahure by’imodoka barimo bikangirika cyane.
Abafana ba APR FC berekeje i Dar es Salaam aho ikipe yabo izakinira na Azam FC mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League.
Bisa nkaho uru rugendo rutabahiriye nagato kuko bahinduriwe imodoka inshuro 2 bitewe nuko niyo babahaye isimbura iyo bakoreyemo impanuka, nayo yahise igira ikibazo cy’amatara biba ngombwa ko nayo ihinduka.