Rwiyemezamirimo Elon Musk uyobora ibigo birimo X (Twitter), Starlink ndetse na SpaceX na Floyd Mayweather wamamaye mu mikino y’iteramakofi, bagiye gusura u Rwanda.
Ibi byemejwe n’umunyamakuru Andrew Mwenda washinze ikinyamakuru The Independent, akaba n’inshuti ya hafi ya Perezida Kagame, binyuze mu kiganiro ‘The Long Form’ cya The New Times.
Uyu munyamakuru w’inshuti y’u Rwanda cyane yemeje ko aba bombi bazasura u Rwanda mu bihe bitandukanye kuko Floyd Mayweather azakandagira ku butaka bw’imisozi igihumbi mbere.
Yavuze ko biteganywa ko Floyd Mayweather azasura u Rwanda muri ‘Nzeri’ uyu mwaka wa 2024 naho Elon Musk akarugenderera mu ‘Ukwakira’ 2024.
Aba bagabo bombi uretse kuba ari abaherwe bakomeye ni n’ibyamamare bikomeye.