Kuri uyu munsi wo ku cyumweru taliki ya 11 Kanama 2024, mu Rwanda haraba umuhango w’irahira ry’umukuru w’igihugu, aho Perezida ugiye kurahira ari Nyakubahwa Paul Kagame nyuma yo gutsinda amatoro y’umukuru w’igihugu ahigitse abarimo Mpayimana Philippe ndetse na Frank Habineza.
Kuri ubu ni inshuro ya kane, Paul Kagame agiye kurahirira kuyobora u Rwanda, aho ubwambere yarahiye mu mwaka wa 2003 ubwo yatorwaga bwambere, ubwa kabiri arahira mu mwaka wa 2010 nyuma yo gutsindira kuyobora manda ya kabiri, ubwa gatatu yaje kurahira muri 2017, nabwo yari ahigitse abarimo Mpayimana Philippe na Frank Habineza, ndetse kuri ubu yongeye kurahira ku nshuro ya Kane mu mwaka wa 2024.
Uyu muhango wo kurahira ku mukuru w’igihugu ni umuhango urabera kuri stade Amahoro, aho uraba witabiriwe n’abayobozi b’abanyacyubahiro baturutse impande n’imande ndetse n’abanyarwa ibihumbi n’ibihumbi.
Kuri ubu bamwe mu bayobozi bitabira uyu muhango bamaze kugera i Kigali, muri abo harimo Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, Perezida wa Guinée-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, Ousmane Sonko , ahagarariye Perezida Bassirou Diomaye Faye.
Visi Perezida wa Côte d’Ivoire, Tiemoko Meyliet Koné, Perezida w’Inzibacyuho wa Gabon, Brice Clotaire Oligui Nguema, Minisitiri w’Intebe wa São Tomé et Príncipe, Patrice Émery Trovoada, Perezida wa Guinée, Général Mamadi Doumbouya, Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan, nabandi…
Abashyitsi si aba gusa kuko hari abandi bahageze ndetse hari n’abateganya kuhagera mu gitondo cyo kuri uyu wa 11 Kanama 2024, bikaba biteganyijwe ko ibirori byo kurahira kwa Perezida Kagame byitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma 22, ba Visi Perezida batatu b’Ibihugu, ba Minisitiri b’Intebe babiri, Minisitiri w’Intebe Wungirije umwe, ba Perezida babiri b’Inteko zishinga Amategeko, Abayobozi batanu b’Imiryango Mpuzamahanga ndetse n’Imiryango yo mu Karere, n’izindi ntumwa nyinshi zitandukanye.
Src : RBA