Monday, April 21, 2025
Monday, April 21, 2025
spot_img
HomeOther NewsKaminuza y’uRwanda ishami rya Huye yahashwe n’inkongi y’umuriro

Kaminuza y’uRwanda ishami rya Huye yahashwe n’inkongi y’umuriro

Inkongi y’umuriro yafashe agace k’inyubako irimo moteri muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR-HUYE), abahegereye bihutira kuhazimya nta kintu kirangirika.

Mu masaha ya saa ine n’igice , inyubako ibikwamo moteri iherereye munsi ya salle ya kaminuza izwi nka Main Auditorium , yafashwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’ubwinshi bw’umuriro.

Abiganjemo abakora amasuku n’abacunga umutekano muri Kaminuza bifashishije umucanga n’ibitaka bihutira kuzimya iyo nzu kugira ngo idakongeza Salle ya Kaminuza.

Nyuma y’uko iyi nyubako yari itangiye gucumba umwotsi , umuriro wahise uvanwaho hanyuma bakomeza kuzimya iyi nyubako ari na ko bazana kizimya mwoto batangaje ko umuriro utarafata inyubako ya Auditorium yari irimo abanyeshuli bigaga .

Nubwo iyi nkongi y’umuriro yabaye , nta muntu yahitanye mu gihe ibyangiritse bitari byamenyekana , ariko bikavugwa ko n’iyo byaba ari bicye kuko hari mu nzu ibikwamo moteri gusa .

Theos Munyetwari
Theos Munyetwari
Theos Munyentwali ni Umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru ITYAZO Yatangiye gukorera iki kinyamakuru muri Nzeli 2016, afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu Itangazamakuru n’Itumanaho yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishuri ry’ itangazamakuru n’ itumanaho
Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights