Tuesday, October 22, 2024
spot_img

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa DRC Félix Tshisekedi bagiranye ibiganiro na Perezida wa Angola

Nyuma y’ibiganiro byabereye mu mujyi wa Luanda mu gihugu cya Angola byahuriyemo Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bitatu aribyo u Rwanda , Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Angola, bigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa Congo, kuri ubu Perezida w’u Rwanda ndetse na Perezida wa DRC bagiranye ibiganiro na Perezida wa Angola.

Ubusanzwe Perezida wa Angola ni umuhuza hagati y’u Rwanda na DRC, ndetse niyo mpamvu ibiganiro byose u Rwanda rugirana na Congo biba bigomba kugaragaramo Angola.

Ku wa gatatu tariki 31 Nyakanga 2024 nibwo Perezida wa Angola Angola João Lourenço, hifashishijwe umurongo wa Telefone yagiranye ibiganiro na Perezida wa DRC, baganira ku masezerano yafatiwe mu biganiro by’i Luanda yo guhagarika intambara mu burasirazuba bwa DRC ndetse no gusenya umutwe wa FDLR.

Nyuma yaho, ku munsi wo kuwa 4 tariki ya 1 Kanama 2024, Perzida wa Angola nabwo kuri telefone yagiranye ibiganiro na Perezida w’u Rwanda kuri telefone. Amakuru avuga ko aba bombi nabo barimo baganira ku myanzuro yafatiwe muri ibyo biganiro byahuje ibihugu byombi.

Iby’ibi biganiro by’Abakuru b’ibihugu byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’igihugu cya Angola.

Perezida wa Angola mu kiganiro n’itangazamakuru yaatangaje ko angola izakomeza gushyira imbaraga mu guhuza ibihugu byombi ndetse no gufatanya gushaka umuti w’amakimbirane ari hagati y’ibi bihugu no mu rwego rwo kwirinda ko ibihugu byananirwa kumvikana.

Gusa nubwo ibihugu byombi bihugiye muri ibi biganiro, Umutwe wa M23 utangaza ko imyanzuro ifatirwa muri ibi biganiro utabareba kuko batatumiwe mu biganiro. Uyu mutwe uvuga ko udashobora guhagarika imirwano kuko imyanzuro ifatwa badahari badakwiye no kuyikurikiza.

Bakomeza bavuga ko imyanzuro myinshi bagiye bakurikiza yo guha agahenge Leta ya RDC, Leta yahitaga yifashisha ako gahenge ikisuganya ubundi ikabagabaho ibitero.

Kuri ubu Perezida wa DRC arwariye mu gihugu cy’u Bubiligi.

 

 

RELATED ARTICLES

Andi Makuru

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_img

Most Popular

Recent Comments